Uwo wo mu Bubirigi wabaye padiri afite ubumuga bw'amaboko n'ibiganza, akomoka mu Rwanda, mu bice bya Butare, hafi ya Gihindamuyaga. Yagiye ajyanywe n'abagiraneza, baramurera, arakura, ababwira ko yifuza kwiha Imana ; babimufashamo, birangira abaye padiri. Hari n'inkuru isobanura ibyo byose kuri YouTube.
@valerenzeyimana8015 Says:
Mu mategeko ya Mose, igitambo cyose cyaturwaga Imana cyagombaga kuba ari icyatoranyijwe neza.
Kutagira inenge: Inyamaswa (nk’intama cyangwa inyana) ntiyagombaga kuba ifite ubumuga, irwaye, cyangwa ishaje (Abalewi 22:20-22). Ibi byashushanyaga ko Imana ikwiriye ibyiza kurusha ibindi.
@jeanchrysostomenkejabahizi9384 Says:
Mu gitabo k'Iyimukamisiri, Imana ibwira Abayisiraheri uburyo bazahimbaza Pasika. Havugwamo ko intama ya Pasika igomba kuba isekurume idafite inenge, ubusembwa. Padiri ni ishusho ya Yezu Kirisitu, ari We Ntama nyakuri.
@uwiringiyimanadiogene1350 Says:
Abamugaye si ukubaheza! Nk'uko mu gisirikare utajyayo ngo wakirwe nk'uwagishobora uri Igikuri.Bisaba kwiyakira! Buri wese mu mwanya we
@Intimate_co Says:
Barahari ubu mubyara wanjye arahari, ahubwo ubwo bumuga ni ubuhe? We aracumbagira kandi abacumbagira ni benshi. Ariko ababura ingingo z'ingenzi bo mbona byagorana kubera uko batura igitambo cy'ukaristiya. Habamo gupfukama, guhagarara cyane, gukoresha amaboko yose, ibyo bavuga byose barabisoma kuburyo bisaba amaso, kuba ashobora kuvuga ni ngombwa,
@borainn1367 Says:
Igipadiri ni nko mu gisirikare abafite ubumuga ntibafitingamo na mwe bana
@JmvDufitumukiza-w3s Says:
Umupadiri yarahari
@JmvDufitumukiza-w3s Says:
Muri paruwasi ya kaduha diyoseze gikongoro yarahahoze
YOUTUBE COMMENTS