Nizere ko evaluation ya buri myaka itatu ,iyo myaka itatu ibarwa umuntu ari ku kigo kimwe? Naho ubundi mu nsi y' iyo myaka ku kigo,criteria zashingiweho nta ruhare rufatika umuyobozi aba afitemo,kandi niba byakomeye gutyo,abayobozi bage bahabwa ibikenewe ku gihe:abakozi bakenewe batangiwe ku gihe, kandi bashoboye,abadashoboye bagasubizwa, ibyangombwa bizira ku gihe kandi ku kijyanye n' imitsindire,hanage harebwa report ,ibikorwa n,' imbogamizi umuyobozi azajya agaragaza yakoreye ku gihe,ndetse anasubizwe uruhare yahoranye mu gushaka abarimu!!!
@Godsshinesingerschoir Says:
Ibyo uribeshya cyane! Zirikana ko nyuma ya Covid 19 hahinduwe statut igenga mwarimu kugira ngo abari bahawe kuyobora bapyinagazwe. Uyishake urasanga umuyobozi yagombaga gukorerwa evaluation agahabwa ikigo bashingiye ku byo yakoze. Abo byarangiye bite harya? Ntibabasisibiranyije uwayoboraga secondary agasubizwa primary! Icyo gihe abayobozi barongejwe! Ubu nabwo barabagira abarimu kandi nta nkurikizi. Gusa ufite ububasha ni umwe nyakubahwa President wa Repubulika. Wenda namenya ukuri azarenganura abarimu pe.
@nsengiyaremyegratien1431 Says:
Ese mu karere ka kirehe ko nta bantu birukanwe.
@nsengiyaremyegratien1431 Says:
Na bakozi ba REB nta Cyongereza bazi abo ba Leon Mugenzi batwirukana nabo ntacyo gereza bazi.
@nsengiyaremyegratien1431 Says:
Ikibazo ni abashinzwe uburezi mu turere batazi gucunga abakozi , kuko nk'Akarere ka Kirehe abakozi bose baratsinze
@nsengiyaremyegratien1431 Says:
Erega ikibazo ni Abashinzwe uburezi mu turere.
@ndahiroabdoulkarim1728 Says:
Nonese niba mufite abana ukomuri studio Hari ufite umwana muri reta nyamara Hari ikibazo
@patricedushimimana6996 Says:
Status abarimu bamenya ibyayo yasohotse ,English yabazwe kuri 10% gsa siyo ibatsinze gsa
Mwiriwe neza! Muzatubarize aba Candidates bakoze ibizamini muri REB kumyanya ya "Computer Lab Attendant & Science Lab Attendant" bafite Level ya A0 bazashyirwa mumyanya ryari ko amaso yaheze mukirere.
@AimableSIBOMANA-u5e3w Says:
Bajye bamenya icyumwuka abwira amatorero.
@InnocentNgarambe-l7t Says:
Muraho , NESA nihaguruke ikurikirane icungwa ry'ibizamini (Surveillance) ni gute Directeur ahabwa gucunga ibizamini ku kigo ayobora, abacandida(abanyeshuri) ni abo ku kigo cye bonyine, Abarimu bahagarariye ibizamini ni Abigisha abo bana, nkubwo murumva ibyo bizamini bikorwa bite. rwose nta reme turimo
@uwiringiyimanadiogene1350 Says:
Hello Joseph! Mubwire izo Nshuti zanyu zirimo ba Directors MINEDUC,HEC, REB na NESA,+PARLIAMENT bashinzwe Uburezi + Advisors bo mu CHAMA, ba JUDITHA b'i Bukuru,Abanyamakuru bityo bizagira Influence yahindura Ibintu nk'Umushinga wakwiga neza muri 2030 bikataba byakemutse Ibibazo by'Imyigire y'Indimi n'andi Masomo ndetse na Legislative and Policy independence
@uwiringiyimanadiogene1350 Says:
Hakenewe kwerura Abanyamategeko mukabwira ba Boss ko Ikinyarwanda ari rwo rurimi rw'Igihugu rukwiye gukoreshwa mu Myigire no mu Kazi. Ndetse UNESCO yo ihamya ko kwiga mu Rurimi Kavukire ari yo myigire igezweho! Izindi ndimi zikigishwa bihagije kugira ngo na zo zimenywe(Les Langues Africaines et autres Langues Modernes) hakabaho n'Amabwiriza y'Imikoreshereze yazo(Languages Learning for Specific Purposes-LLSPs). Mu ngero zifatika ni Uko Hari abigeze kwiga mu Kinyarwanda kandi bigaga neza ndetse n'Izindi ndimi bari bazizi. Ibidakosowe rero turacyari mu Myigire iri Telecommandé par MPATSIBIHUGU aho ubabwira aho wize bakakumenya utigeze ubazwa ibibazo cg za CV.
@MafiyeriTV Says:
Mwiriwe.
Ntabwo abandi bayobozi bazongera gukorerwa isuzumamikorere nyuma y'imyaka itatu, ahubwo rizahoraho buri mwaka kuko uko umuyobozi yujuje imyaka itatu arasuzumwa.
Abasuzumwe ni abari bamaze imyaka itatu, ubu abarangije ibiri ni bo batahiwe umwaka utaha.
@egidenshimiyimana504 Says:
Buriya rero uri muri kariya kazi niwe uzi ibibazo birimwo uzatwegere tuguhe ukuri ariko iyi statu nigikoresho cyo gukomeza gukinga ibikarito mumaso ariko urukingo rwa nyarwo ntirutangwa.
@MumporezeAtoanete Says:
Ibigori biseye byose batabikoboye nibyo biba bifite intungamubiri nyinshi kurusha ibyo bakobora gusa ibindi bibazo byabaho kuri aka kawuga byaterwa nuko babisya bitumye neza naho babihunika bigafata ubukonje bikazana uruhumbu kandi ni uburozi ( mycotoxin). Hagakwiye kubaho amahungurwa ajyanye na stock ku mashuri nuko bapima ubu burozi buza mu bigori.
Ntabwo Umukozi wa Leta yirukanwa iyo yagize munsi ya 70/100 iyo yagize hagati ya 60 na 70 ahubwo ntahabwa bonus agakerezwa no kuzamurwa mu Ntera.Hirukanwa abari munsi ya 60/100
@twagirimanaosee3663 Says:
Ubukorani kweri😂 Ni gute umuyobozi w'ikigo cy'uburezi mu rwanda akurwo mu kazi no kudashobora kuvuga uririmo mva mahanga😢
@iyamarere6406 Says:
Ariko Mineduc mubona Excella school ar ikigo kibereye gukora koko?ishuli Excella riherereye kimironko ntashuli ririmo ni mubirara gusa
YOUTUBE COMMENTS